00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hamas yarekuye izindi mbohe eshatu

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 8 February 2025 saa 01:35
Yasuwe :

Umutwe wa Hamas warekuye izindi mbohe eshatu mu rwego rwo kubahiriza amasezerano y’agahenge aherutse kwemeranywaho na Israel.

Izi mbohe ni abagabo batatu bafashwe na Hamas ku itariki ya 7 Ukwakira 2023. Bose ni abagabo bigaragara ko ubuzima bwabo butari bumeze neza, cyane ko basaga nk’abataye ibiro byinshi. Aba bagabo bari bamaze iminsi 490 mu maboko ya Hamas.

Bitandukanye n’indi minsi, kuri iyi nshuro ntabwo aba bagabo barekuwe rwagati mu kivunge cy’abantu nk’uko byari byaragenze ku zindi nshuro zabanje, nyuma y’uko Israel yari yagaragaje impungenge z’uko kubarekura mu kivunge cy’abantu bishobora guteza umutekano muke.

Ni ku nshuro ya gatanu Hamas irekuye imbohe yashimuse, aho byitezwe ko Israel nayo ishobora kurekura imfungwa za Palestine ifite muri gereza zayo.

Umunani mu bazarekurwa ni abari bakatiwe igifungo cya burundu, 54 bafite ibihano bito mu gihe abandi 111 batari bagahabwa ibihano.

Muri rusange, Hamas imaze kurekura imbohe 16 muri 33 yemeye kurekura mu cyiciro cya mbere cy’amasezerano yagiranye na Israel, uretse ko umunani muri abo bazarekurwa, bamaze gupfa.

Hamas yarekuye izindi mbohe eshatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .