00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Haiti: Ubwoba ni bwose nyuma y’igitero cyibasiye ibitaro

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 26 December 2024 saa 08:45
Yasuwe :

Umutekano muke muri Haiti ukomeje gutuma benshi bibaza amaherezo y’iki gihugu nyuma y’uko umutwe w’abagizi ba nabi ugabye ibitero simusiga ku bitaro byo muri icyo gihugu, abantu batatu barimo umupolisi umwe bakahasiga ubuzima.

Ni igitero cyagabwe ku Bitaro bya Kaminuza ya Haiti biherereye mu Murwa Mukuru, Port-au-Prince.

Minisitiri w’Ubuzima wa Haiti, Lorthe Blema, yavuze ko abanyamakuru babiri n’umupolisi umwe ari bo baguye muri ibyo bitero, byongeye kuba ikimenyetso cy’uko urugendo rwo kugarura amahoro muri icyo gihugu ari rurerure.

Umutwe wa Viv Ansanm ni wo wigambye icyo gitero mu mashusho washyize ku mbuga nkoranyambaga, uvuga ko utigeze wemerera ibyo bitaro kongera gufungurwa.

Agace gaherereyemo ibi bitaro kari karigaruriwe n’imitwe y’abagizi ba nabi, aho kari gaherutse kwigarurirwa na Leta ku bufatanye n’ingabo za Kenya ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro muri icyo gihugu. Ibi byabaye muri Nyakanga, 2024.

Nibura 85% by’Umujyi wa Port-au-Prince bigenzurwa n’imitwe y’abagizi ba nabi. Umuryango w’Abibumbye uvuga ko muri uyu mwaka gusa abagera ku 5000 biciwe mu bugizi bwa nabi.

Ibitaro bya Kaminuza ya Haiti byagabweho ibitero bikomeye byica abantu batatu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .