00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagiye gushyirwaho amatsinda aziga ku buryo bwo kurangiza intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 19 February 2025 saa 07:30
Yasuwe :

Abahagarariye u Burusiya na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bemeje ko hashyirwaho amatsinda azaganira ku buryo intambara ikomeje guhuza u Burusiya na Ukraine izashyirwaho iherezo.

Ni nyuma y’ibiganiro byabereye i Riyadh muri Arabia Saudite, bigamije gushakira hamwe igisubizo kuri iyi ntambara, bikitabirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, ndetse n’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio.

Aya matsinda azashyirwaho, azafata igihe cyo kuganira ku buryo bwo gusoza iyi ntambara, aho byitezwe ko buri ruhande ruzagaragaza ibyo rwifuza, bikubahirizwa.

Igikomeye cyitezwe ni uko u Burusiya buzasaba gukurirwaho ibihano by’ubukungu bwafatiwe, ibi bikajyana n’uko bugumana hejuru ya 20% by’ubutaka bwamaze kwigarurira, bukaba ubwabwo burundu.

Perezida Zelensky wa Ukraine utaratumiwe muri ibi biganiro, yasubitse uruzinduko yari afite muri Arabia Saoudite mu rwego rwo kwirinda guteza urujijo.

Minisitiri w'Ububanyi n'Amahanga w'u Burusiya, Sergei Lavrov aganira n'Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe Ububanyi n'Amahanga, Marco Rubio

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .