00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagaragajwe uburyo uruzinduko rwa Zelensky mu Bwongereza rwarakaje Perezida Trump

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 10 March 2025 saa 08:01
Yasuwe :

Nyuma y’uko Perezida Donald Trump wa Amerika ateranye amagambo na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, uyu mugabo yahise akomereza mu Bwongereza aho yakiriwe n’Umwami Charles III, amakuru akavuga ko uru ruzinduko rwababaje cyane Donald Trump.

Daily Mail yavuze ko abayobozi muri Amerika bamenyesheje bagenzi babo bo mu Bwongereza ko Donald Trump atishimiye uburyo Zelensky yakiriwe muri icyo gihugu, abandi basubiza ko batari bafite ubushobozi bwo kubuza Umwami Charles III kwakira Zelensky.

Ibi bije nyuma y’uko mu kwezi gushize, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Keir Starmer, yari yashyikirije Donald Trump ubutumire bw’Umwami Charles III, bumusaba kuzasura u Bwongereza ku nshuro ya kabiri, nyuma y’uko yari yahagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu mu 2019.

Perezida Trump ashinja Zelensky kuba yarasuzuguye Amerika nyamara iri kumufasha kurangiza intambara igihugu ayoboye kimazemo imyaka itatu gihanganye n’u Burusiya, intambara Zelensky atifuza kurangiza nk’uko Trump akomeza abimushinja.

Hagaragajwe ko uruzinduko rwa Zelensky mu Bwongereza rwarakaje Trump

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .