00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagaragajwe impungenge ku cyemezo cya Amerika cyo kongera imisoro ku bicuruzwa bituruka mu Bushinwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 May 2024 saa 08:55
Yasuwe :

Amerika iherutse gufata icyemezo gikomeye mu kongera imisoro ku bicuruzwa biturutse mu Bushinwa, cyane cyane ibirimo imodoka zikoresha amashanyarazi aho umusoro wazo wiyongereyeho hagati ya 25% na 100%, mu gihe ibijyanye n’imirasire y’izuba n’ibyuma nabyo biri mu byazamuriwe umusoro.

Gusa ikibazo gihari ni ikijyanye n’ingaruka iki cyemezo gishobora kugira. Muri rusange iki cyemezo kizagira ingaruka ku bicuruzwa bifite agaciro karenga miliyari 18%, biri mu nzego Amerika yifuza gushyiramo imbaraga mu minsi iri imbere.

Icyakora abahanga mu by’ubukungu bavuga ko iki cyemezo gishobora kutazagira ingaruka nziza, ahanini bitewe n’impamvu zirimo gusubira inyuma ku bikorwa byo guhanga udushya, ubusanzwe bitezwa imbere no kwiyongera ku ihangana mu bucuruzi.

Amerika kandi ishobora kuzahura n’ikibazo cy’ibiciro bihenze ku bicuruzwa byazamuriwe umusoro, kuko kubikorera muri Amerika n’ubundi bisanzwe bihenze ahanini bitewe n’imishahara yo hejuru ku bakozi bo muri icyo gihugu.

Ku rundi ruhande kandi, iki cyemezo gishobora gutuma u Bushinwa burushaho gushaka amasoko menshi hanze ya Amerika, bukubaka umubano mwiza n’ibindi bihugu byinshi kandi ibi bikaba byagira ingaruka kuri Amerika, zijyanye cyane no gutakaza ubushobozi ku bihugu biri gukorana n’u Bushinwa cyane.

Aba bahanga batanga inama ko Amerika yakagombye kwemera ihangana ry’ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi, iri hangana rikaba ari ryo rizamura inganda zayo, nk’uko byagendekeye u Bushinwa ubwo bwemeraga ko inganda mpuzamahanga zitangira gukorera muri icyo gihugu.

Imodoka zikorerwa mu Bushinwa zishobora gucibwa umusoro ushobora kugera ku 100%

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .