00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagaragajwe impano Perezida Biden n’umugore we bahawe n’abayobozi batandukanye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 5 January 2025 saa 08:50
Yasuwe :

Ibiro bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bishinzwe ububanyi n’amahanga byagaragaje ko Perezida Joe Biden n’umugore we, Dr Jill Biden, mu 2023 bahawe impano n’abayobozi batandukanye hirya no hino ku Isi.

Byasobanuye ko impano ihenze cyane umuryango w’Umukuru w’Igihugu wakiriye ari diyama ifite agaciro ka miliyoni 20 z’amadolari Dr Jill yahawe na Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi.

Ibi biro byatangaje ko Dr Jill yahawe na Ambasaderi wa Ukraine muri Amerika, impano y’umutako ushyirwa ku myambaro ifite agaciro k’amadolari 14.063, ahabwa na Perezida wa Misiri n’umugore we igikomo gifite agaciro k’amadolari 4.510.

Perezida Biden na we yahawe impano zihenze zirimo album y’amafoto yahawe na Yoon Suk-yeol wahoze ayobora Koreya y’Epfo, ifite agaciro k’amadolari 7.100, ishusho ifite agaciro k’amadolari 3.495 y’indwanyi ya Mongolia yahawe na Minisitiri w’Intebe wa Mongolia.

Byasobanuye kandi ko Perezida Biden yahawe n’umuyobozi wa Brunei igikombe cy’umuringa gifite agaciro k’amadolari 3.300, ahabwa na Perezida wa Israel isiniya y’umuringa y’amadolaru 3.160, ahabwa na Perezida wa Ukraine agakoresho ko gushyiramo amafoto k’amadolari 2.400.

Ibi biro byasobanuye ko Perezida Biden na Dr Jill bamenyesheje abagenzuzi iby’izi mpano, kuko itegeko risaba abayobozi kumenyekanisha izo bahabwa mu gihe agaciro kazo karenze amadolari 480.

Umuvugizi wa Dr Jill, Vanessa Valdivia, yatangaje ko diyama umugore yahawe na Modi ibitse mu ngoro y’Umukuru w’Igihugu.

Perezida Joe Biden na Dr Jill Biden bahawe impano zirimo diyama ifite agaciro k'ibihumbi 20 by'amadolari
Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine ni umwe mu bahaye Joe Biden impano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .