00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hagaragajwe icyatuma Perezida Putin yemera gusinya amasezerano y’amahoro na Ukraine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 31 March 2025 saa 07:23
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yatangaje ko kugira ngo yemere gusinya amasezerano y’agahenge na Ukraine bizasaba ko Umuryango w’Abibumbye ushyiraho guverinoma nshya itayobowe na Perezida Zelensky ikaba ari yo bagirana amasezerano.

Kirill Logvinov uyobora ishami rishinzwe imiryango mpuzamahanga muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya yatangaje ko Perezida Putin yifuza ko hashyirwaho Guverinoma y’Inzibacyuho muri Ukraine irebererwa na Loni.

Putin yavuze kenshi ko atazigera agirana amasezerano y’ubwoko ubwo ari bwo bwose na Ukraine ikiyobowe na Perezida Zelensky kuko ayoboye igihugu mu buryo bunyuranye n’amategeko.

Putin yemeza ko mu gihe Loni yashyiraho ubutegetsi bw’inzibacyuho bwategura amatora neza kandi amasezerano bagirana yahabwa agaciro ku rwego mpuzamahanga ntihagire uyarengaho.

Logvinov yavuze ko nta rwego cyangwa uburyo buriho bufasha Loni gushyiraho guverinoma z’inzibacyuho ariko yigeze kubikora muri Cambodia, East Timor, na Eastern Slavonia.

Ati “Hose intambwe ya mbere yari ukugera ku masezerano y’amahoro hagati y’impande zishyamiranye, mu buryo butaziguye cyangwa binyuze mu bahuza, bakemeza ko ubutegetsi buhabwa Loni.”

Mu gihe amasezerano yemerenyijweho, abahuza babibwira Loni mu buryo bwemewe ko ishyiraho ubuyobozi, akanama gashinzwe umutekano kagategeka Umunyamabanga Mukuru gushyiraho Guverinoma, ingengo y’imari izakoresha n’igihe izamara.

Ubutegetsi bwa Ukraine ariko bwateye utwatsi iki cyifuzo buvuga ko kigamije gutinza ibiganiro.
Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, na we yateye utwatsi icyifuzo cy’u Burusiya avuga ko Ukraine ifite ubuyobozi bwayo bwemewe n’amategeko “kandi bugomba kubahwa.”

Perezida Putin yifuza ko Ukraine iyoborwa na guverinoma ishyizweho na Loni

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .