00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Gutaha shishi itabona byatumye inama ya Trump na Zelensky iburizwamo

Yanditswe na IGIHE
Kuya 18 June 2025 saa 02:19
Yasuwe :

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (White House) byatangaje ko Perezida Donald Trump yagombaga kugirana ibiganiro na mugenzi we wa Ukraine, Volodymyr Zelensky ariko birangira bitabaye.

Ibi biganiro byagombaga kuba ubwo abakuru b’ibihugu byombi bari bitabiriye inama ya G7 muri Canada, gusa bitunguranye Trump yavuye muri iyi nama mbere y’igihe kubera ikibazo cy’intambara gikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwo hagati.

Donald Trump yitabiriye inama ya G7 ku wa Mbere tariki 16 Kamena 2025 i Alberta muri Canada. Mu ijoro ry’uwo munsi yahise asubira muri Amerika.

Umuyobozi ushinzwe itangazamakuru mu biro bya Perezida wa Amerika, Karoline Leavitt, yavuze ko Trump yavuye muri iyi nama igitaraganya kubera ko yari afite ibindi bintu by’ingenzi byo kwitaho, bijyanye n’intambara ikomeje gufata indi ntera mu Burasirazuba bwo hagati.

White House yatangaje ko byari biteganyijwe ko Trump agomba kuganira na Zelensky ariko birangira bitabaye kuko yari yatashye.

Amakuru dukesha Russia Today avuga ko Zelensky byari biteganyijwe ko agomba gusaba Trump gufatira ibindi bihano u Burusiya, ndetse no guha Ukraine izindi ntwaro.

Kuva mu nama igitaraganya kwa Perezida Trump gufitanye isano n’ibitero simusiga bimaze iminsi itandatu hagati ya Iran na Israel.

Gutaha shishi itabona kwa Trump kwatumye inama ye na Zelensky iburizwamo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .