Ibi bitero bibaye nyuma y’aho Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yemeye guha Israel intwaro zifite agaciro ka miliyari 8$, igikorwa yifuza gukora mbere yo kuva mu nshingano mu byumweru bibiri biri imbere.
Ni mu gihe Minisitiri w’Ingabo wa Israël, Israel Katz yemeza ko imishyikirano na Hamas yasubukuwe muri Qatar mu rwego rwo gushakira umuti iyi ntambara ndetse no kubohoza abaturage ba Israel bari i Gaza nk’imbohe za Hamas.
Kuva ku ya 7 Ukwakira 2023 intambara ya Israël yatangira muri Gaza, yahitanye nibura Abanya-Palestine 45,658 ikomeretsa 108.583.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!