00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EU yasabiye inganda zikoresha ingufu zisukuye ishoramari rya miliyari 100 z’Amayero

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 27 February 2025 saa 10:30
Yasuwe :

Komisiyo y’umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi yasabye ko hakusanywa miliyari 100 z’Amayero mu rwego rwo gushyigikira inganda mu bihugu by’u Burayi zikora ibicuruzwa byiza kandi biramba hifashishijwe ingufu zisukuye.

Iki gitekerezo gishamikiye ku mushinga mugari wo gushyigikira inganda z’u Burayi kugira ngo zikomeze guhatana ku isoko mpuzamahanga ariko na none harengerwa ibidukikije.

Komisiyo y’u Burayi izafatanya na Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi (EIB), muri gahunda zirimo gutanga inguzanyo no kugirana amasezerano yorohereza inganda zikoresha izi ngufu.

Iyi komisiyo yasabye ko hatangizwa ikigo cyihariye gishizwe gutanga ibikoresho by’ibanze bikenerwa mu nganda, kizajya gitanga ubufasha mu birimo n’ubujyanama bwerekeye ku buryo bwo kugera ku bikoresho bikenewe n’inganda zimwe na zimwe.

Komisiyo ya EU yasabye ishoramari rya miliyari 100 z'Amayero yo gukoreshwa n'inganda zikoresha ingufu zisukuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .