00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

EU yananiwe kumvikana ku nkunga yo gutera Ukraine

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 7 March 2025 saa 12:30
Yasuwe :

Ibihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) byananiwe kumvikana ku nkunga ya miliyari 30 z’Ama-Euro yo gufasha Ukraine gukomeza guhangana n’u Burusiya, nyuma y’uko Hongrie yanze icyo cyifuzo.

Ibindi bihugu 26 bigize uwo muryango byari byemeranyijwe kuri iyo gahunda, ariko Hongrie iratsemba, ikavuga ko iyi gahunda igamije gutuma Ukraine ikomeza kurwana, kandi ibi bitandukanye n’ibyo Hongrie yifuza.

Minisitiri w’Intebe wa Hongrie, Viktor Orban, yavuze ko bahakanye iki gikorwa kuko bifuza ko impande zihanganye zijya mu biganiro.

Ati "Iyi nkunga igamije ko Ukraine ikomeza kurwana. Hongrie ntabwo ibishyigikiye kubera ko bitandukanye n’ibyo n’inzira iganisha ku mahoro."

Amakuru avuga ko nyuma y’uko iyi gahunda idashoboye gushyirwa mu bikorwa, EU iri gushaka ubundi buryo yakomeza gutera inkunga Ukraine, uretse ko benshi bemeza ko bizayigora na cyane ko Amerika byari bisanzwe bifatanya yakuyemo akayo karenge.

EU yananiwe kumvikana ku nkunga yo gutera Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .