00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Erdogan yavuze ko we na Putin ari bo bayobozi bafite inararibonye Isi isigaranye

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 9 December 2024 saa 11:59
Yasuwe :

Perezida wa Turikiya, Recep Tayyip Erdogan, yavuze ko kuri ubu ku Isi hasigaye abayobozi nyabo babiri gusa, ko ari we na Vladimir Putin w’u Burusiya.

Erdogan yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’urubyiruko mu Ntara ya Gaziantep, muri icyo gihugu.

Uyu muyobozi yagize ati "Ubu hari abayobozi babiri [b’inararibonye] gusa ku Isi. Ni njye na Vladimir Putin. Ntabwo ndi kuvuga ibi kuko umwe muri bo ari njye, gusa maze imyaka 22 ku butegetsi, igihe cyenda kungana n’icya Putin. Abandi baragiye. Turashaka ko ibiganiro byacu bikomeza. Ni ingenzi gukomeza politiki, urugero nko mu Budage, politike yarangiye ubwo Angela Merkel yeguraga."

Uyu muyobozi yanavuze ko mu bandi bayobozi yubaha harimo Gerhard Schroder wabaye Chancellier w’u Budage.

Ati "Ikigero twamwubahagaho cyari gitandukanye, kandi yari umuyobozi mwiza mu by’ukuri. Nk’urugero mu gihe cya Ramadan, ntiyigeze anywera inzoga ku meza yacu. Yerekanye icyubahiro. Schroder ni umuntu tukivugana kugeza n’ubu, ajya anasura Turikiya rimwe na rimwe."

Perezida Erdogan wa Turikiya yavuze ko we na Putin ari bo bayobozi bonyine Isi isigaranye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .