Ubwo yabazwaga uwo abona uzamusimbura ku myanya wo kuyobora Ikigo gishinzwe kunoza imikorere y’inzego za Amerika (DOGE), Musk yasubije yigereranya na Buddha.
Buddha, mu bihugu bimwe na bimwe ku mugabane wa Aziya afatwa nk’umuntu w’icyitegererezo wari ufite ubwenge n’icyubahiro by’akataraboneka, aho imitekerereze ye yavutsemo idini.
Ati “Ese Buddha arakenewe mu kubaho kwa Buddhism? Ntabwo iri dini rikomeye na nyuma y’urupfu rwe?”
Yashakaga kumvikanisha ko nubwo ariwe watangije DOGE, izakomeza kubaho na nyuma y’uko avuye mu nshingano.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!