‘H-1B Visa’ ni viza y’igihe gito ihabwa abanyamahanga bafite ubumenyi bwihariye mu nzego zirimo ikoranabuhanga, imari, ubuvuzi, ubugenge n’izindi, ikabemerera gukorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Aba banyamahanga akenshi basabwa kuba bafite impamyabumenyi y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza cyangwa iyisumbuyeho.
Mu cyumweru gishize nibwo Musk yatangiye guterana amagambo n’abadashyigikiye iyi gahunda ku mbuga nkoranyambaga cyane urwa X, ubwo yatambutsaga igitekerezo cy’uko Amerika yakongera umubare w’izi viza itanga, “Kugira ngo Amerika ikomeze itsinde.”
Ni igitekerezo cyashyigikiwe n’undi mushoramari Vivek Ramaswamy, bazahurira mu rwego rushya ruzaba rwigenga ariko rushinzwe kugira inama Ibiro by’Umukuru w’Igihugu ku ngamba zimwe na zimwe [DOGE- Department Of Government Efficiency].
Nyuma ariko hari benshi banenze iki gitekerezo bavuga ko iyi gahunda ituma impano z’imbere mu gihugu zititabwaho ngo zihabwe urubuga ahubwo amaso agahangwa abanyamahanga baba bahembwa amafaranga make ngo baturuka mu Buhinde n’ibindi bihugu.
Mu butumwa bwinshi Musk yanditse ku wa Gatandatu, hari aho yatiye amagambo yakoreshejwe na Tom Cruise muri filimi ‘Tropic Thunder’ yo mu 2008 yakinnye yitwa Les Grossman.
Ni amagambo Les Grossman yakoresheje ashaka kugaragariza abandi ko bari hasi kuri we kandi afite ububashaka kuri byinshi.
Musk yavuze ko “Impamvu ndi hano muri Amerika hamwe n’abandi bantu b’ingenzi bubatse SpaceX, Tesla n’ibindi bigo birenga amagana byahinduye igihugu igihangange ni ukubera gahunda ya H-1B,”
“Buri wese uza muri Amerika agakora iyo bwabaga agatanga umusanzu we mu guteza imbere igihugu, azahorana icyubahiro cyanjye iteka.”
Trump wigeze kunenga iyi gahunda akanashyiraho ingamba zo kugabanya itangwa ry’izi viza mu gihe yari perezida, ku wa Gatandatu mu kiganiro yagiranye na New York Post yavuze ko ubu ashyigikiye igitekerezo cya Musk.
Elon Musk ni umuturage wa Amerika wavukiye muri Afurika y’Epfo. Nawe yigeze gukorera kuri viza ya H-1B. Ikigo cye cya Tesla cyashakiye abakozi bacyo izi viza 724 mu 2024.
The reason I’m in America along with so many critical people who built SpaceX, Tesla and hundreds of other companies that made America strong is because of H1B.
Take a big step back and FUCK YOURSELF in the face. I will go to war on this issue the likes of which you cannot…
— Elon Musk (@elonmusk) December 28, 2024
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/donald_trump_yavuze_ko_ashyigikiye_igitekerezo_cya_elon_musk-d5393.jpg?1735542504)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!