Iki gitekerezo cyaturutse ku mujyanama wa DOGE, Ron Paul, gishingiye kuri raporo y’inkunga Amerika yatanze mu bikorwa by’ubutabazi mu 2023.
Iyi raporo yakozwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe ubutabazi, UNOCHA, igaragaza ko mu 2023 Amerika yatanze inkunga ya miliyari 9,48 z’Amadolari, ikurikirwa n’umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi watanze miliyari 2,11 z’amadolari.
Kuri uyu wa 6 Ukuboza 2024, Ron yatangarije ku rubuga nkoranyambaga X ko iyi nkunga Amerika itanga ifatwa n’abakire bo mu bihugu bikennye, nyamara iba yaturutse mu Banyamerika bakennye.
Yagize ati “Aha hari ikintu cyoroshye DOGE yakora! Gukuraho inkunga z’amahanga! Ni ugufata amafaranga y’abakene n’abaringaniye muri Amerika, ukayaha abakire bo mu bihugu bikennye.”
Uyu munyapolitiki wigeze guhagararira Leta ya Texas mu Nteko Ishinga Amategeko, yatangaje ko Abanyamerika badashaka ko igihugu cyabo gikomeza gufata inguzanyo kugira ngo cyohereze inkunga mu mahanga.
Musk warahiriye kwifashisha ububasha yahawe muri DOGE, akagabanya amafaranga inzego za Leta zipfusha ubusa, yatangaje ko ibyo Ron yavuze ari byo, agira ati “Ron ntabwo yabeshye.”
DOGE ni urwego rwashyizweho na Donald Trump nyuma yo gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu tariki ya 5 Ugushyingo 2024. Biteganyijwe ko ruzatangira gukora muri Mutarama 2025, ubwo azaba yagiye ku butegetsi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!