00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bwongereza bugiye gusaba X gukuraho video yarebwe na Axel Rudakubana mbere yo kwica abana

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 22 January 2025 saa 01:46
Yasuwe :

Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Bwongereza, Yvette Cooper, yatangaje ko Guverinoma iteganya gusaba Elon Musk gukura ku rubuga nkoranyambaga rwa X video yarebwe na Axel Rudakubana mbere y’uko yica abana batatu abateye icyuma.

Rudakubana w’imyaka 18 y’amavuko yemereye urukiko rwa Liverpool ko yiciye abana batatu mu gace ka Southport tariki ya 29 Nyakanga 2024, agerageza no kwica abandi 10 barimo abana umunani.

Icyo gihe kandi, Rudakubana wari ufite imyaka 17 y’amavuko yanafatanywe uburozi bwa ‘ricin’ n’inyandiko y’amasomo y’umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda. Iyi nyandiko yatumye ashinjwa icyaha cy’iterabwoba.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko mbere y’uko Rudakubana yica aba bana, yari yabanje kureba video yakwirakwiye ku rubuga nkoranyambaga rwa X, igaragaza umwana w’imyaka 16 y’amavuko atera ibyuma Musenyeri wari mu rusengero muri Australia.

Minisitiri Cooper yashingiye kuri aya makuru, amenyesha Inteko Ishinga Amategeko ko Guverinoma y’u Bwongereza igiye gusaba ibigo by’ikoranabuhanga bifite mu nshingano imbuga nkoranyambaga nka X gukuraho iyi video mu rwego rwo gukumira ubundi bwicanyi.

Yagize ati “Ku wa Kane, ubushinjacyaha buzatanga amakuru arambuye ku byo Rudakubana yabonye kuri internet ariko nabwira Inteko Ishinga Amategeko ko Guverinoma muri iki cyumweru izavugana n’ibigo by’ikoranabuhanga kugira ngo ibisabe kubikuraho.”

Uyu muyobozi yasobanuye ko ibigo by’ikoranabuhanga bidakwiye gushakira inyungu mu bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga zabyo, bishobora gushyira ubuzima bw’abana mu byago.

Ati “Abana bacu benshi n’ingimbi n’abangavu babonye kuri internet ibintu byinshi bibi, ni urubuga rwo kuri internet ruri guhindura abana bacu intagondwa mu gihe ingamba zo kubungabunga umutekano wabo zirengagizwa.”

Minisitiri Cooper yemeje ko icyuma Rudakubana yicishije aba bana yakiguze kuri Amazon, kandi ko yiyemereye ko yakigendanye mu ruhame inshuro zirenga 10.

Axel Rudakubana yemeye ko yishe abana batatu abateye icyuma
Bebe King, Elsie Dot Stancombe Alice da Silva Aguiar ni bo Rudakubana yemera ko yishe
Minisitiri Cooper yatangaje ko ibigo by'ikoranabuhanga bikwiye gukura iyi videwo ku mbuga zabyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .