00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Donald Trump yiteguye kugirira uruzinduko i Moscow

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 February 2025 saa 08:42
Yasuwe :

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko yiteguye kuba yagirira uruzinduko i Moscow mu Burusiya, mu gihe cyose haboneka umuti w’intambara imaze igihe hagati y’iki gihugu na Ukraine.

Ni ingingo Trump yagarutseho mu kiganiro n’abanyamakuru yahuriyemo na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wagiriye urizinduko i Washington.

Muri iki kiganiro, umunyamakuru yabajije Trump niba ateganya kugirira uruzinduko i Moscow.

Mu gusubiza, Trump yagize ati “Ibi byose nibirangira (intambara), kandi ntekereza ko bizarangira, birumvikana nzajyayo, kandi nawe (Vladimir Putin) azaza hano.”

Kuva Trump yajya ku butegetsi, yinjiye mu biganiro n’u Burusiya agamije kureba uko intambara yo muri Ukraine imaze igihe yahagarara. Ni ibintu ubutegetsi bwa Joe Biden wamubanjirije butakozwaga, cyane ko bwari bushyigikiye ko Ukraine ikomeza kurwana.

Donald Trump yatangaje ko nta nkunga Amerika izongera guha Ukraine muri iyi ntambara, ndetse ashimangira ko igihugu cye kigomba gusubizwa amafaranga yose cyahaye ubutegetsi bwa Volodymyr Zelensky.

Donald Trump yatangaje ko yiteguye kugirira uruzinduko i Moscow, ndetse aha ikaze Perezida Putin muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .