00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Kuleba wabaye Minisitiri yavuze ko Trump yirunduriye u Burusiya

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 4 April 2025 saa 03:52
Yasuwe :

Uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dmitry Kuleba, yatangaje ko Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yihebeye u Burusiya kurusha Ukraine, bitewe n’abantu be ba hafi.

Ibi yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru LIGA ku wa 2 Mata 2025, ahamya ko Perezida Trump yahisemo kwisunga u Burusiya aho kujya inyuma ya Ukraine.

Kuleba yagize ati “Ndavuga igitekerezo kitavugwaho rumwe, Trump ntabwo yakira amabwiriza ya Kremlin mu gitondo. Muri iki gihe akikijwe n’abantu yizera ko bo n’u Burusiya bashobora rwose gukorera hamwe ibintu byinshi byiza, kandi ko akeneye u Burusiya. Ntatekereza ko akeneye Ukraine”.

Uyu munyapolitiki yagaragaje ko imyumvire Trump afite yo kubona ko akeneye u Burusiya kurusha Ukraine ayishyigikiwemo n’itangazamakuru hamwe n’abandi bantu be ba hafi.

Yanakomeje agaragaza impamvu Trump yifuza gukorana n’abarimo Vladimir Putin w’u Burusiya na Xi Jinping w’u Bushinwa, ati “Trump yemera ko abayobozi nka Putin na Xi Jinping bategekesha icyubahiro cyinshi kandi yifuza ko bakorera hamwe ibintu bikomeye.”

Muri Gashyantare 2025, Trump yavuze ko atashyigikira Zelensky wa Ukraine kuko amubona nk’umunyagitugu, anamushinja ko yanze ko muri Ukraine habaho amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Kuleba yagaragaje ko Trump yizera ko we na Putin w'u Burusiya bagera kuri byinshi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .