00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Denmark yakajije umutekano wa Greenland nyuma y’amagambo ya Trump ushaka kuyigarurira

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 25 December 2024 saa 10:04
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Greenland, Mute Egede, yamaganye icyifuzo cya Donald Trump uherutse gutorerwa kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uherutse guca igikuba avuga ko Amerika ishobora kwigarurira Greenland.

Donald Trump yavuze ko kugura Greenland byaba ari igitekerezo cyiza, cyazanira Amerika inyungu nyinshi zirimo kunguka ubutaka no gusigasira umutekano wacyo. Si ubwa mbere uyu mugabo avuga ibyo kwigarurira Greenland kuko yari yanabivuze muri manda ye ya mbere, icyo gihe akavuga ko iki kirwa cyagurwa.

Ibi byatumye Danmark isanzwe ifatanya na Greenland mu kuyicungira umutekano, ivuga ko igiye gushyira imbaraga mu kurinda umutekano w’icyo kirwa kibonekaho urubura rwinshi.

Minisitiri w’Ingabo wa Denmark, Troels Lund Poulsen, yavuze ko bagiye gukuba kabiri ingengo y’imari yo kurinda ubusugire bwa Greenland mu rwego rwo kwirinda ko yabwamburwa. Iyi ngengo y’imari izagezwa kuri miliyari 1.5$.

Bikekwa ko Trump avuga aya magambo ashingiye ku hantu Greenland iherereye, hashobora gufasha mu bijyanye no kurinda umutekano cyangwa hakaba heza cyane mu bihe by’intambara. Ikindi bivugwa ko Amerika iri kwirinda ko Greenland yagirwamo imbaraga n’ibihugu nk’u Bushinwa n’u Burusiya bisanzwe bidacana uwaka na Amerika.

Danmark yahize gukuba kabiri ingengo y'imari y'umutekano ya Greenland

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .