00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cybertruck yaturikiye imbere ya hoteli ya Trump, Musk abyita iterabwoba

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 2 January 2025 saa 12:56
Yasuwe :

Elon Musk yavuze ko iturika ry’imodoka ya Tesla Cybertruck ryabaye ku wa Gatatu w’iki cyumweru kuri hoteli ya Donald Trump, Trump International Hotel muri Las Vegas, rishobora kuba rifitanye isana n’ibikorwa by’iterabwoba.

Amashusho ya camera z’umutekano agaragaza iyi modoka iturika ubwo yari imaze kugera aho imodoka zisiga abantu baje muri hoteli.

Inzego z’umutekano zavuze ko guturika kwabaye kwatewe n’ibishashi biremereye [Large fireworks] cyangwa igisasu [bomb] byari muri ‘boot’ cy’imodoka.

Uwari utwaye iyi modoka yahasize ubuzima abandi barindwi bakomereka byoroheje.

Elon Musk yavuze ko ibyabaye bishobora kuba bifitanye isano n’igitero cy’imodoka yagonze abantu i New Orleans, 15 barapfa.

Ku wa 1 Mutarama 2025, ubwo abantu bari mu byishimo byo gutangira umwaka mushya, nibwo umushoferi yagonze ikivunge cy’abantu ku bushake, abagera kuri 15 bahita barahapfira.

Uwagabye iki gitero ari nawe wari utwaye iyi modoka yahise araswa aricwa, FBI itangaza ko yasanganywe ibendera ry’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State.

Musk yavuze ko izi modoka zombi zakoreshejwe muri ibyo bitero zose zari zakodoshejwe kuri sosiyete ikodesha imodoka yitwa Turo, aho yahereye avuga ko ibikorwa byombi bifitanye isano.

FBI n’inzego z’umutekano barimo gukora iperereza kuri iki gikorwa, hanagenzurwa niba byari byagambiriwe n’uwari utwaye iyi modoka no kumenya icyaba cyabimuteye.

Nta bintu byigeze byangirika kuri iyi hoteli

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .