Comey yatangiye gukurikiranwa ubwo yashyiraga ku rubuga nkoranyambaga ifoto igaragaza umucanga wanditseho umubare ‘8647’ hifashishijwe utubuye, asobanura ko yabonye utu tubuye ari twiza.
Abasenguzi basobanuye ko uyu mubare ugaragaza umugambi wo gukura ku butegetsi cyangwa kwica Trump, bashingiye ku kiba mu mvugo z’amarenga z’Abanyamerika, ‘86’ isimbura inshinga ‘kwikiza’ cyangwa ‘kwica’, ‘47’ igahuzwa n’uko Trump ari Perezida wa 47 wa Amerika.
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere muri Amerika, Kristi Noem, yatangaje ko ku wa 16 Gicurasi, abakozi bo muri Secret Service bahaye Comey ibibazo, asobanura kandi ko iperereza rikomeje.
Yagize ati “Uyu munsi, abakozi bo muri Secret Service bahase ibibazo Comey watakarijwe icyizere ku buyobozi bwa FBI, bijyanye n’ubutumwa yashyize ku rubuga nkoranyambaga, asaba ko Perezida Donald Trump yicwa.”
Noem yakomeje ati “Nzakomeza gufata ingamba zose zishoboka kugira ngo Perezida Donald Trump arindirwe umutekano. Iri perereza rirakomeje.”
Comey yasibye iyi foto kuri Instagram, asobanura ko atari azi ko uyu mubare uhuzwa n’ubugizi bwa nabi, kandi ngo ntiyigeze ashyigikira ko hari uwagirirwa nabi.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!