00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Canada yakanzwe n’ibyemezo Trump ashobora kuyishyiriraho

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 18 December 2024 saa 11:17
Yasuwe :

Guverinoma ya Canada yatangaje ko igiye gukaza ingamba mu kugenzura imipaka yayo na Amerika no gushyiraho urwego ruhuriweho n’ibihugu byombi mu rugamba rwo guhashya ubucuruzi butemewe n’amategeko bwambukiranya imipaka n’abimukira bambuka bajya muri Amerika.

Ni nyuma y’uko Donald Trump yatangaje ko muri Mutarama 2025 agitangira inshingano zo kuyobora igihugu, Canada nidafata ingamba zihamye zo gukumira abimukira n’ibiyobyabwenge byinjira muri Amerika mu buryo bunyuranye n’amategeko azashyiraho umusoro wa 25% ku bicuruzwa bihakomoka.

BBC yanditse ko iki cyemezo cyashegesha bikomeye ubukungu bwa Canada ku rugero rwo hejuru.

Minisitiri ushinzwe Imari muri Canada, Dominic LeBlanc yatangaje ko iyi gahunda yo kongera umutekano ku mipaka bahuriyeho na Amerika bazayishoramo miliyari 1.3 y’Amadorali ya Canada, angana na miliyoni 900$.

Ati “Ibi byemezo bizarinda imipaka yacu ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge no kwambuka kw’abimukira kudakurikije amategeko, binateze imbere urujya n’uruza rw’abantu n’ibicuruzwa byo zingiro ry’ubukungu bwa Amerika y’Amajyaruguru.”

Gahunda ya Canada ikubiyemo gukoma mu nkokora ubucuruzi bw’umuti wa ‘fentanyl’ ushobora gukoreshwa mu kugabanya uburibwe ariko abandi bakawukoresha nk’ikiyobyabwenge.

Biteganyijwe ko hazashyirwaho indege zishinzwe gucunga umutekano mu kirere, drone n’iminara miremire aho abantu bashobora kwinjirira. Urwego rwa Canada rushinzwe kugenzura imipaka kandi ruzanahabwa ingengo y’imari yo gutoza amatsinda y’imbwa zisaka ibiyobyabwenge no kugura ibikoresho bigezweho byo gusaka abinjira n’abasohoka.

Ibihano by’imisoro ya 25% kandi bitegereje igihugu cya Mexique mu gihe cyaba kidahagaritse icuruzwa ry’ibiyobyabwenge byerekeza muri Amerika.

Muri Kanama 2024 urwego rwa Amerika rushinzwe kugenzura imipaka rwafasha ibinini miliyoni 4 bya fentanyl by’ubururu ku cyambu cya Lukeville gihuza Leta ya Arizona na Mexique. Uyu ni wo mubare munini w’ibi binini wafatiwe rimwe mu mateka ya Amerika.

Canada yahamije ko igiye gukaza ingamba ku mipaka igakumira icuruzwa ry'ibiyobyabwenge bijya muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .