00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Byahishuwe ko Kamala Harris yatutse Anderson Cooper wa CNN kuri nyina

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 24 May 2025 saa 09:35
Yasuwe :

Kamala Harris wahoze ari Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yatutse umunyamakuru Anderson Cooper wa televiziyo ya CNN kuri nyina muri Kamena 2024, nyuma y’aho amuhase ibibazo.

Ibi byahishuriwe mu gitabo ‘Original Sin’ cya Jake Tapper na Alex Thompson bakorera iyi televiziyo, cyasohotse tariki ya 20 Gicurasi 2025, nk’uko byatangajwe na New York Post.

Ubwo Biden yagaragazaga intege nke mu kiganiro mpaka yahuriyemo na Trump muri Kamena 2024, ishyaka ry’Aba-Démocrates ryagiriye Kamala inama yo kutajya mu biganiro mu binyamakuru, kuko ryari rifite impungenge ko ashobora kuhasebera, gusa yabirenzeho.

Cooper yagaragaje ko Aba-Démocrates bahangayitse nyuma y’aho Biden yitwaye nabi muri iki kiganiro, Kamala amusubiza ko nubwo uwahoze ari Umukuru w’Igihugu yatangiranye intege nke, yarangije ikiganiro mpaka afite imbaraga.

Iki gitabo cyagaragaje ko ibibazo byose Kamala yabajijwe na Cooper, nubwo byarebanaga n’ubuzima bw’igihugu, uyu munyapolitiki yabifashe nko kumwibasira.

Ngo ubwo ikiganiro na Cooper cyari kirangiye, Kamala yabwiye abo bari kumwe ati “Uyu mu… wa nyina ntabwo amfata nka Visi Perezida wa Leta Zunze Ubumwe Amerika.”

Aba-Démocrates bateganyaga ko Biden ari we uzaba umukandida wabo ubahagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Gusa ubwo yitwaraga nabi muri iki kiganiro mpaka, yasimbujwe Kamala.

Kamala Harris na Anderson Cooper mu kiganiro cyabaye muri Kamena 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .