00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwa mbere hibutswe abaryamana bahuje ibitsina bishwe n’Aba-Nazi

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 28 Mutarama 2023 saa 09:55
Yasuwe :

Inteko Ishinga Amategeko y’u Budage ku nshuro ya mbere yibutse Jenoside yakorewe Abayahudi, ishyira umwihariko ku bantu bishwe hashingiwe ku gitsina cyabo mu ntambara ya Kabiri y’Isi yose.

Hashize igihe hari ubukangurambaga bukorwa kugira ngo hashyirweho umunsi wihariye wo kwibuka abaryamana bahuje ibitsina bishwe n’ubutegetsi bw’Aba-Nazi.

Umuyobozi w’Umutwe w’Abadepite mu Budage, Baerbel Bas, yavuze ku butegetsi bw’Aba-Nazi, mu mategeko yari ahari harimo ko abagabo basambana n’abo bahuje igitsina bahanwa n’amategeko.

Ingingo ya 175 mu Itegeko rihana ibyaha icyo gihe yahanishaga igihano cy’igifungo abakoze ibyo bikorwa.

Bass yavuze ko muri icyo gihe gusomana, gukoranaho cyangwa se kureba icyoroshye uwo muhuje igitsina byahanirwaga.

Ati “Hari abantu ibihumbi byinshi bashinjwe kuba baryamana n’abo bahuje igitsina. Ibi ubwabyo byari bihagije mu gutesha agaciro ubuzima imibereho yabo.”

Yavuze ko hari abagabo benshi baciriwe imanza, bamara igihe kinini muri gereza abandi bakora imirimo y’uburetwa. Hari n’aho ngo abagabo bamwe baciwe bimwe mu bice by’ubugabo bwabo abandi bajyanwa kwiyahura.

Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko Umutwe w’Abadepite mu Budage, Baerbel Bas, yavuze ku butegetsi bw’Aba-Nazi, mu mategeko yari ahari harimo ko abagabo baryamana n’abo bahuje igitsina bahanwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .