00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Australia: Umugore yahitanywe n’umwuzure, abandi ibihumbi barimurwa

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 4 February 2025 saa 05:21
Yasuwe :

Umwuzure wateye muri Leta ya Queensland mu Majyaruguru ya Australia, wahitanye ubuzima bw’umugore umwe abandi bantu babarirwa mu bihumbi bimurirwa ahirengeye.

Ni umwuzure watewe n’imvura nyinshi imaze iminsi itatu igwa muri Queensland, aho yangije ibirimo inzu zituwemo, izicururizwamo n’ibikorwaremezo nk’imihanda.

Umuyobozi wa Leta ya Queensland, David Crisafulli, yabwiye ABC News ko umwuzure wangije byinshi by’umwihariko utuma abaturage bimurwa, bamwe bajya ahirengeye abandi bajyanwa mu nkambi.

Yavuze ko abaturage bagomba kwirinda ingona zazanywe n’umwuzure no kwirinda kujya aho imvura ikiri kugwa.

Ni mu gihe ku Cyumweru umugore w’imyaka 63 wo mu gace ka Ingham yapfiriye mu mpanuka y’ubwato bw’abatabazi bwabambutsaga ariko bukaza kurohama, uyu mugore ntiyarokoka.

Uyu mwuzure kandi wasize inzu ibihumbi 10 zidafite umuriro na ho izindi ibihumbi bibiri zo mu mujyi wa Townsville zari zifite ibyago byo kwibasirwa, bituma abazituyemo bimurwa.

Ibitangazamakuru byanditse ko ubu imvura yagabanyutse, bigatuma bamwe mu baturage bari bahunze batangira gusubira mu ngo zabo.

Umwuzure watumye abantu ibihumbi n'ibihumbi bava mu byabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .