Peter Dutton wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi wari unahanganye na Anthony Albanese muri aya matora yatsinzwe, ahita anatakaza umwanya wa Perezida w’Inteko.
Dutton yavuze ko yahamagaye Anthony Albanese amushimira ko yatsinze amatora.
Ati “Ntabwo twakoze ibihagije mu bihe byo kwiyamamaza. Ibyabaye muri iri joro ni uko byagombaga kumera ariko byose ni uruhare rwanjye.”
France24 yanditse ko ishyaka ry’Abakozi (Labor Party) rikomokamo Anthony Albanese ari ryo ryatsindiye imyanya myinshi mu Nteko Ishinga Amategeko.
Albanese yasezeranyije abaturage guteza imbere ikoreshwa ry’ingufu zisazura, gukemura ikibazo cy’amacumbi gihangayikishije benshi no gushora amafaranga menshi mu rwego rw’ubuvuzi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!