Mu 2007 nibwo Vladimir Putin yagaragaye ari kumwe n’imbwa mu nama yamuhuje na Angela Merkel i Sochi mu Burusiya.
Mu gitabo Angela Merkel yise ‘Freedom’ aherutse gushyira hanze, yagarutse kuri ibi bihe nubwo hashize imyaka 17 bibaye.
Yavuze ko Perezida Putin yazanye iyi mbwa mu nama ku bushake, kugira ngo agaragaza imbaraga ndetse anamukange.
Muri iki gitabo avuga ko “Nasesenguye ibimenyetso byagaragaraga mu maso ya Putin, binyereka ko yari yishimiye ibiri kuba. Ese yashakaga kureba uko umuntu ufite ubwoba yitwara?”
Nyuma y’iki gitabo, Perezida Putin yiseguye kuri Angela Merkel, avuga ko kuzana iyi mbwa muri iyi nama nta kindi yari agamije, ahubwo byatewe n’uko atari azi ko uyu mugore ayitinya.
Aya magambo ya Putin yatewe utwatsi na Angela Merkel mu kiganiro yagiranye na Christiane Amanpour wa CNN.
Yavuze ko ibyo Putin yakoze yari abizi neza.
Ati “Urabizi cyari ikintu gito gisa no kugerageza umuntu, kureba uko ari umunyembaraga. Ni umukino wo kureba umunyembaraga.”
Angela Merkel yavuze ko Putin yazanye iyi mbwa ku bushake kuko n’itsinda ry’uyu mugore ryari ryabanje kuvuga ko atinya imbwa.
Angela Merkel yatangiye gutinya no kugendera imbwa kure mu 1995 nyuma yo kurumwa nayo.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!