00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Andani ntakiri umuherwe wa mbere muri Aziya; Raporo y’Ikigo cy’Abanyamerika yamukozeho

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 2 Gashyantare 2023 saa 09:26
Yasuwe :

Gautam Adani ntakiri umuherwe wa mbere ku mugabane wa Aziya nyuma y’uko umutungo we ugabanutse bikomeye mu minsi mike bitewe n’uko sosiyete ze zatakaje agaciro ku isoko ry’imari n’imigabane.

Gutakaza agaciro kwa Sosiyete za Andani byaturutse ku iperereza ryakozwe n’Ikigo cy’Abanyamerika cyitwa Hindenburg, ryagaragaje ibibazo mu miyoborere.

Hindenburg yashinje Andani Groups guhimba ibijyanye n’imiterere y’imigabane y’iyi sosiyete ndetse no kuba imaze imyaka myinshi ihabwa agaciro ko hejuru kurusha ako yagakwiriye..

Andani ntiyemera ibirego bishinjwa sosiyete ze, yavuze ko ari ibihimbano. Hindenburg isobanura ko ibyo Andani yakoze bikwiriye gutuma agaciro ka sosiyete ze kagabanukaho nibura miliyari 70$.

Kuva raporo ya Hindenburg yasohoka, agaciro ka Sosiyete za Andani kagabanutseho miliyari 90$ ku isoko ry’imari n’imigabane mu gihe kitarenze icyumweru.

Umutungo we bwite utabariyemo uwa sosiyete ze nawo wagabanutseho miliyari 40$. Ubu ni umukire wa 10 ku rutonde rwa Bloomberg rw’abafite amafaranga menshi ku Isi avuye ku mwanya wa Kane, mu gihe kitarenze icyumweru.

Mukesh Ambani ni we wahise wisubiza umwanya wa mbere w’umuntu utunze amafaranga menshi muri Aziya kuko umutungo we ubarirwa miliyari 83$ mu gihe Adani we ageze kuri miliyari 75$.
Mukeshi Ambani ni uwa cyenda ku rutonde rw’abaherwe ku Isi.

Raporo yakozwe n'Ikigo cy'Abanyamerika yashinja Gautam Adani amakosa mu miyoborere ya sosiyete ze bituma zitakaza agaciro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .