00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yatangiye guhigisha uruhindu abahoze mu butegetsi bwa Bashar al-Assad

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 10 December 2024 saa 08:36
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zashyizeho impapuro zo guta muri yombi abatasi babiri bo ku rwego rwo hejuru bahoze mu butegetsi bwa Syria kubera ibikorwa by’iyicarubozo bakoreye Abanyamerika bari bafungiye muri gereza za gisirikare.

Ubushinjacyaha bwa Amerika bwamaze gutanga ikirego ku bayobozi babiri bahoze mu butegetsi bwa Bashar al-Assad, bashinjwa guhagarikira ibikorwa by’iyicarubozo muri Gereza ya Gisirikare ya Mezzeh hafi y’Umurwa Mukuru Damascus.

CNN yanditse ko muri gereza za gisirikare, imfungwa zakubitwaga bikomeye, zakubitishwaga amashanyarazi, zikabambwa, zigatwikishwa acide cyangwa ugasanga inzara z’amano zakuwemo.

Ibi byaha byose bivugwa ko byakozwe mu gihe cy’intambara yamaze imyaka muri Syria, yanagejeje ku guhirika ubutegetsi bwa Assad kuwa 8 Ukuboza 2024.

Ubushinjacyaha bwa Amerika bugaragaza Jamil Hassan w’imyaka 72 na Abdul Salam Mahmoud w’imyaka 65, bari abatasi mu ngabo zirwanira mu kirere bari baragize Gereza ya Mezzeh “indiri y’ibikorwa by’iterabwoba.”

Bakurikiranyweho ibyaha by’intambara byakozwe binyuze mu bikorwa by’ubugome no gufata ikiremwa muntu mu buryo bwa kinyamaswa.

Inzego z’ubutabera za Amerika zatangaje ko zamaze gushyiraho impapuro zo kubata muri yombi kandi bagomba guhigishwa uruhindu.

Ni mu gihe inyeshyamba zafashe ubutegetsi muri Syria zihamya ko mu bihe biri imbere zizashyira ahagaragara urutonde rw’abakekwaho kwica urubozo imfungwa n’abaturage muri rusange.

Ubutabera bwa Amerika bwatangaje ko bugiye gukurikirana bamwe mu bahoze mu butegetsi bwa Assad

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .