Iyi ndege yahanuwe mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru, mu bitero ingabo za Amerika zagabye ku gace ka Sanaa muri Yemen bikekwaho kuba ububiko bw’ibisasu by’abarwanyi b’aba-Houthi no kuhagira ibirindiro.
Abapilote babiri bari muri iyo ndege babashije kurokoka ariko umwe muri bo yasigaraganye ibikomere bidakabije. Ni nyuma y’uko hari ikindi gitero ingabo za Amerika zari zimaze iminota mike zitangaje ko cyagenze neza.
Ingabo za Amerika zirwanira mu mazi n’izo mu Kirere zimaze iminsi mu bikorwa by’umutekano mu Nyanja Itukura bigamije koroshya urujya n’uruza rw’ibicuruzwa muri iyi nyanja no ku kigobe cya Aden, aho inyeshyamba z’aba-Houthi zikunda gutegera.
Russia Television yanditse ko aba basirikare bahora bavuga ko babashije guhanura ibisasu n’indege z’aba-Houthi, F/A-18 ikaba indege ya mbere ya Amerika itwarwa n’abapilote irashwe kuva ibi bikorwa bitangiye.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!