00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika yagiye kureba ko inkunga itanga muri Ukraine itanyerezwa

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 26 Mutarama 2023 saa 09:53
Yasuwe :

Abagenzuzi b’imari ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagiye i Kyiv muri Ukraine kureba ko inkunga bamaze iminsi batanga mu guhangana n’u Burusiya, itanyerezwa.

Amerika ni kimwe mu bihugu bimaze gutanga akayabo mu gufasha Ukraine guhangana n’ingabo z’u Burusiya zimaze umwaka zibagabyeho igitero.

Victoria Nuland ushinzwe ibijyanye na politiki muri Guverinoma ya Amerika, yavuze ko abo bagenzuzi b’imari bagiye muri Ukraine kureba ko inkunga itangwa ikoreshwa neza.

Ni mu gihe abasenateri bamwe muri Amerika bamazwe iminsi basaba ko hakorwa iperereza ryihariye ku mikoreshereze y’inkunga batanga muri Ukraine.

Hashize iminsi Minisitiri w’Ingabo wungirije muri Ukraine yeguye, ashinjwa uruhare mu byaha bya ruswa byo kunyereza inkunga imaze igihe itangwa.

Mu cyumweru gishize Amerika yemeye guhereza inkunga ya miliyari 2.5 z’amadolari muri Ukraine, mu gufasha icyo gihugu mu ntambara.

Amerika imaze umwaka utanga inkunga yihariye yo gufasha Ukraine mu ntambara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .