00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Urukiko rwongeye gusubika urubanza rw’ukekwaho gutegura ibitero by’iterabwoba mu 2001

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 January 2025 saa 08:21
Yasuwe :

Urukiko rukorera mu kigo cy’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cya Guantanamo Bay kuri uyu wa 10 Mutarama 2025 rwongeye gusubika urubanza rwa Khalid Sheikh Mohammed ukekwaho gutegura ibitero by’iterabwoba byagabwe ku magorofa y’ubucuruzi ya World Trading Center no ku cyicaro gikuru cy’igisirikare, Pentagon, muri Nzeri 2001.

Khalid yafatiwe muri Pakistan muri Werurwe 2003. Abashinjacyaha bamushinje guha Osama bin Laden wayoboraga umutwe w’iterabwoba wa Al Qaeda, igitekerezo cyo gushimuta indege zitwara abagenzi kugira ngo azigongeshe inyubako zikomeye muri Amerika, ndetse ngo yanatanze ubufasha mu guhugura abazishimuse.

Nyuma y’imyaka irenga 20 afungiwe muri iyi gereza ya gisirikare, Khalid na bagenzi be babiri, Walid Muhammad Salih Mubarak bin Attash na Mustafa Ahmed Adam al-Hawsawi bemeranyije n’ubushinjacyaha ko bazemera ibyaha kugira ngo bakatirwe igifungo cya burundu mu cyimbo cy’igihano cy’urupfu.

Igitekerezo cyo kumvikana n’ubushinjacyaha cyaje nk’impuhwe bitewe n’itotezwa Khalid yakorewe n’abasirikare muri gereza ya Guantanamo Bay ndetse n’imyaka myinshi afunzwe ataburanishwa, gusa Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ingabo, Lloyd Austin, yagerageje kwitambika ubu bwumvikane.

Austin uhagarariye Guverinoma ya Amerika muri iyi dosiye, yasobanuye ko kumvikana na Khalid na bagenzi be biganisha ku kudaha ubutabera buboneye imiryango y’abiciwe mu bitero by’iterabwoba byo mu 2001, kandi ko byaba ari ugutesha agaciro inkiko zo muri iki gihugu.

Urukiko rwari ruherutse kwanzura ko ruzumva imyanzuro yaturutse mu bwumvikane bwa Khalid n’ubushinjacyaha kuri uyu wa 10 Mutarama, gusa ubushinjacyaha bwarusabye kuba ruretse kuburanisha uru rubanza. Abacamanza na bo bemeye iki cyifuzo kugira ngo babanze basuzuma ingingo zashingiweho.

Ibitero byo mu 2001 byiciwemo abarenga 3000. Bamwe bo mu miryango yabo bari bamaze kugera ku rukiko kugira ngo bumve icyo Khalid n’ubushinjacyaha bumvikanye. Ntibishimiye ko uru rubanza rukomeje gusubikwa.

Khalid agiye kumara imyaka 23 afunzwe, ataburanishwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .