00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Urukiko rwanze ubusabe bw’igisirikare ku bakekwaho gutegura igitero cyo mu 2001

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 1 January 2025 saa 08:08
Yasuwe :

Urukiko rw’ubujurire rw’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika rwanze icyifuzo cy’Umunyamabanga ushinzwe igisirikare, Lloyd Austin, wasabye ko hatabaho ubwumvikane hagati y’ubushinjacyaha n’abakekwaho gutegura igitero cy’iterabwoba cyagabwe ku magorofa ya World Trading Center no ku biro bikuru by’igisirikare tariki ya 11 Nzeri 2001.

Nk’uko byemeje n’umucamanza Colonel Matthew McCall mu rukiko rubanza, abacamanza bo mu rukiko rw’ubujurire bashimangiye ko nta mpamvu zifatika Austin yatanze zatuma hatabaho amasezerano yo kwemera icyaha hagati y’abakekwa n’ubushinjacyaha.

Khalid Sheikh Mohammed, Walid bin Attash na Mustafa al-Hawsawi basezeranyije urukiko ko biteguye kwemera uruhare muri iki gitero cyapfiriyemo abagera ku 3000, mu gihe rwabakuriraho igihano cy’urupfu giteganyirizwa ibyaha by’iterabwoba.

Igitekerezo cyo korohereza Khalid na bagenzi be cyaturutse ku kuba baratoterejwe bikomeye muri kasho y’urwego rwa Amerika rushinzwe ubutasi (CIA) ubwo bahatwaga ibibazo. Hari ku butegetsi bwa George W. Bush.

Ubwo Austin yasabaga ko aya masezerano atabaho, abanyamategeko bunganira abakekwa bagaragaje ko uyu muyobozi ari kugerageza kwinjira mu mirimo y’ubutabera mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Urukiko rwanze icyifuzo cya Lloyd Austin cy'uko abakekwaho iki gitero batakoroherezwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .