00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika na Ukraine bigiye kuganira ku buryo bwo guhagarika intambara

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 7 March 2025 saa 08:16
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika iri kwitegura ibiganiro na Ukraine bizabera muri Arabia Saoudite, bigamije gushaka igisubizo cy’intambara imaze imyaka itatu ica ibintu hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Intumwa yihariye ya Perezida wa Amerika, Donald Trump, Steve Witkoff, yatangaje ko "Ubu turi mu biganiro bigamije gutegura inama n’uruhande rwa Ukraine, bizabera muri Arabia Saoudite. Ikigamijwe ni ukwigira hamwe uburyo bwo kugirana ibiganiro bigamije kurangiza intambara."

Byitezwe ko ibi biganiro bizitabirwa n’abayobozi bo mu nzego zo hejuru muri Amerika, barimo Umujyanama wa Perezida Trump mu by’Umutekano, Mike Waltz ndetse n’Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga. Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida Zelensky, Andrey Yermak, nawe azabyitabira.

Ibi biganiro bije nyuma y’impaka zabereye muri White House ubwo Perezida Zelensky aherukayo, impaka yavuze ko ’yicuza’ agashimangira ko yiteguye gukora ibishoboka byose ibiganiro bigamije guhosha intambara bigafata umurongo muzima.

Magingo aya, Amerika ntikiri guha Ukraine intwaro ndetse n’amakuru y’ubutasi ayifasha mu ntambara na Ukraine.

Intumwa yihariye ya Perezida wa Amerika, Donald Trump, Steve Witkoff, yatangaje ko Amerika igiye kwinjira mu biganiro na Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .