00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika na Israel mu mugambi wo kwimurira abanya-Palestine muri Afurika

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 14 March 2025 saa 02:16
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel, bigeze kure umugambi wo kwimura Abanya-Palestine bo muri Gaza, bagatuzwa mu bihugu bitatu birimo Somalia na Sudani.

Ni umugambi watangiye ubwo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Donald Trump, yagiranaga ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu.

Trump yavugaga ko afite gahunda yo kubaka bundi bushya agace ka Gaza kashegeshwe n’intambara ariko ko bitakorwa harimo abaturage bityo ko bakwimurirwa ahandi.

Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) byatangaje Amerika na Israel byatangiye kuganira na guverinoma eshatu z’ibihugu byo muri Afurika zirimo Sudani, Samalia hamwe n’agace ka Somaliland, aho bisaba ubutaka batuzaho abarenga miliyoni ebyiri z’abatuye muri Gaza.

Abayobozi bo muri Sudani batangarije iki kinyamakuru ko bateye utwatsi ubusabe bwa Amerika na Israel, mu gihe Somalia na Somaliland byatangaje ko ubwo busabe batabuzi ndetse ko ibi bihugu bitigeze bibavugisha.

Ku ruhande rw’Abanya-Palestine bo muri Gaza, bo bamaganye iyi gahunda ya Trump na Israel, bavuga ko batazimurwa. Gusa bavuze ko abazaba babishaka ari bo bajya gutuzwa ahandi, abandi bakaguma iwabo muri Gaza.

Ingingo yo kwimura Abanya-Palestine batuye muri Gaza yabanje gufatwa nk’amashyengo ya Israel ariko bifata intera ikomeye ubwo na Perezida wa Amerika Donald Trump yari atangiye kubishyigikira mu ruhame.

Perezida Trump na Netanyahu baheruka kuganira ku buryo Amerika yakwimura abatuye Gaza ikayubaka bundi bushya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .