00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika n’u Bushinwa byumvikanye kugabanya imisoro byari byaratumbagije

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 May 2025 saa 02:42
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa kuri uyu wa 12 Gicurasi 2025 byagiranye amasezerano yo kugabanya imisoro byari biherutse gutumbagiza mu rwego rwo koroshya ubuhahirane hagati y’impande zombi.

Kuva muri Gashyantare ubwo Perezida Donald Trump yashinjaga u Bushinwa kwitwara nabi mu bucuruzi mpuzamahanga, yatangiye kuzamura umusoro w’ibicuruzwa bituruka mu Bushinwa, awugeza ku gipimo cya 245% muri Mata.

Mu rwego rwo kwihimura, u Bushinwa na bwo bwazamuye umusoro w’ibicuruzwa biva muri Amerika, buwugeza ku gipimo 145%, gusa bwasobanuye ko butazongera kuwuzamura, ahubwo ko buri kwitabaza Umuryango Mpuzamahanga w’Ubukungu, WTO, kugira ngo uburenganure.

Minisitiri w’Intebe wungirije w’u Bushinwa, He Lifeng, Minisitiri w’Imari wa Amerika, Scott Bessent, na Jamieson Greer uhagarariye Amerika mu rwego rw’ubucuruzi, bahuriye i Geneva mu Busuwisi, bumvikana ko impande zombi zoroshya iyi misoro mu minsi 90.

Muri ibi biganiro, impande zombi zagaragaje ko iyi misoro yari yarorohejwe mbere, iyo Amerika yashyizeho isubizwa ku 145%, iyo u Bushinwa bwashyizeho yo isubizwa ku 125%.

Nk’uko byasobanuwe na Minisitiri Bessent, kuri uyu wa 12 Gicurasi impande zombi zemeranyije kugabanya uyu musoro ho 115% mu minsi 90, mu gihe zikomeje ibiganiro bigamije kunoza ubuhahirane.

Bisobanuye ko muri iyi minsi, ibicuruzwa biva mu Bushinwa bizajya bicibwa umusoro wa 30%, ibiva muri Amerika bicibwe 10%.

He Lifeng ni we wahagarariye u Bushinwa muri ibi biganiro
Minisitiri Bessent (iburyo) na Greer ubwo baganiraga n'abanyamakuru bateraniye i Geneva

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .