00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika n’u Burayi bimaze guha Ukraine inkunga ya miliyoni 310$

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 December 2024 saa 10:49
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Hongrie, Viktor Orban, yavuze ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bimaze guha Ukraine inkunga y’amafaranga n’ijyanye n’ibya gisirikare ifite agaciro ka miliyari 310$, kuva itambara ya Ukraine n’u Burusiya yatangira mu 2022.

Minisitiri Orban yavuze ko ayo mafaranga yose yagakwiriye kuba yarakoreshejwe mu yindi mishinga itandukanye iteza imbere ubuzima bw’abaturage bo mu Burayi, aho kuyashora mu ntambara.

Ati “Mu biganiro nagiranye n’Abanyamerika nabonye ko Amerika na EU bamaze gutanga arenga miliyari 310$. Ni amafaranga menshi cyane.”

Uyu muyobozi yavuze ko nubwo EU na Amerika byatanze ako kayabo kose mu kunganira Ukraine ku rugamba, bisa nk’ibyabaye iby’ubusa kuko uko bwije n’uko bukeye u Burusiya bugenda busatira intsinzi.

Minisitiri Orban kandi yavuze ko bijyanye n’uko ubutegetsi bw’i Washington buherutse guhinduka, aho Donald Trump yatsinze amatora, politiki mpuzamahanga ya Amerika izahinduka, kuko Trump yakunze kugaragaza ko inzira y’ubwiyunge ari yo nziza, ibintu bifasha u Burusiya cyane kurusha Ukraine.

Mu ntangiriro z’Ukuboza 2024, Minisitiri Orban yasabye ko habaho agahenge k’intambara muri iyi minsi ya Noheli, nk’uburyo bwiza bwo kunga impande zishyamiranye, u Burusiya burabyemera ariko Ukraine ibitera utwatsi.

Minisitiri w’Intebe wa Hongrie, Viktor Orban yavuze ko Amerika na EU bamaze guha Ukraine inkunga ya miliyari 310$ mu Ntambara Ukraine ihanganyemo n'u Burusiya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .