00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika: Minisitiri w’Ubuzima yarahiriye gutahura ibitera Autisme bitarenze Nzeri

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 12 April 2025 saa 12:27
Yasuwe :

Minisitiri w’Ubuzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Robert F. Kennedy Jr., yarahiriye gutahura impamvu zitera indwara ya Autisme bitarenze muri Nzeri 2025.

Autisme ni indwara ihungabanya ubwonko, igatuma uyirwaye adatekereza neza, ntasobanukirwe neza ibyo abona cyangwa se ibyo yumva, rimwe na rimwe kuvuga bikagorana, akanitwara mu buryo budasanzwe. Ikunze gufata abana kandi ntikira.

Ikigo cya Amerika gishinzwe ubuzima, NIH, buri mwaka gishora miliyoni 300 z’Amadolari mu bushakashatsi kuri iyi ndwara ariko ntikiratahura ibiyitera.

NIH ikeka ko mu bitera Autisme harimo imiti yica udukoko cyangwa se ihumana ry’ikirere, kubyara umwana ututuje amezi icyenda cyangwa ufite ibiro bike, ibibazo by’ubuzima bw’umubyeyi no kuba umubyeyi yabyara akuze.

Mu gihe abashakashatsi batarashobora gutahura impamvu zitera iyi ndwara, ibihugu bitandukanye byashyizeho uburyo bwo kwita ku bayirwaye, nk’uburezi bwihariye.

Mu nama y’abaminisitiri yabaye tariki ya 10 Mata 2025, Minisitiri Kennedy yatangaje ko azahuriza hamwe abashakashatsi babarirwa mu magana bo hirya no hino ku Isi kugira ngo bashakishe igitera Autisme.

Minisitiri Kennedy yagize ati “Muri Nzeri, tuzamenya ibitera icyorezo cya Autisme kandi tuzashobora kubikuraho.”

Yasobanuye ko mu bizakorwaho ubushakashatsi harimo inkingo akeka ko zaba zitera iyi ndwara n’ibindi byinshi birimo ibiribwa, amazi n’uburyo abana bitabwaho.

Ati “Tugiye kureba ku nkingo ariko tuzanareba kuri buri kimwe. Buri kintu kizarebwaho, ibijyanye n’ibiribwa, amazi yacu, umwuka, uburyo butandukanye bwo kurera, impinduka zose zaba imbarutso y’iki cyorezo.”

Minisitiri Kennedy yigeze guhamya ko Autisme iterwa n’inkingo abantu baterwa. Abashakashatsi baramwamaganye kuko nta bushakashatsi ibyo yavuze byashingiragaho.

Minisitiri Kennedy yatangaje ko muri Nzeri igitera Autisme kizamenyekana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .