00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amerika ishobora gukuraho bimwe mu bihano byafatiwe u Burusiya

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 March 2025 saa 08:16
Yasuwe :

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zishobora gukuraho bimwe mu bihano by’ubukungu byafatiwe u Burusiya, nyuma y’uko butangije intambara kuri Ukraine mu 2022.

Ibihano by’ubukungu byafatiwe u Burusiya, byari bigamije kubuca intege, kugira ngo buhagarike iyo ntambara, ingingo itaragezweho nk’uko byatekerezwaga.

Kuri iyi nshuro, Amerika iri mu biganiro n’u Burusiya mu rwego rwo gushaka igisubizo cy’iyi ntambara, aho nyuma y’ibiganiro byamaze amasaha 10 muri Arabia Saoudite, Amerika ishobora gukuraho bimwe mu bihano by’ubukungu byafashwe mu gihe u Burusiya bwakomeza kugaragaza ubushake bwo guhagarika iyi ntambara.

Amakuru avuga ko u Burusiya bushobora gukomorerwa, bukemererwa kohereza umusaruro w’ibihingwa ku masoko mpuzamahanga, ndetse n’ifumbire. Ibi byari bisanzwe bikorwa ariko mu buryo bugoranye bunahenze.

Ku rundi ruhande, Banki y’Ubuhinzi y’u Burusiya nayo ishobora gukomorerwa, ikemererwa gufasha mu kwakira amafaranga agurwa uwo musaruro n’ifumbire ikomoka mu Burusiya.

Amato y’u Burusiya kandi ashobora kongera kwemererwa guparika ku byambu bitandukanye hirya no hino ku Isi, mu gihe banki zo muri icyo gihugu nazo zishobora gukora ibijyanye n’ihererekanyamafaranga.

Umusaruro w'ubuhinzi uturuka mu Burusiya ushobora kongera kwemererwa gucuruzwa ku rwego mpuzamahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .