Ibi Minisitiri Hegseth yabitangarije imbere ya Komisiyo ishinzwe Ingengo y’Imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko, ku wa Kabiri.
Ati "Ni ukugabanya iyi ngengo y’imari [igenda ku bikorwa byo gutera inkunga igisirikare cya Ukraine]. Ubuyobozi buriho ubu bubona ibintu mu buryo butandukanye, ku birebana n’iriya ntambara."
Trump yakoze ibishoboka byose ngo habeho ibiganiro bigamije kurangiza iyo ntambara, ndetse yongeye gusubukura umubano wa dipolomasi n’u Burusiya. Kuva yajya ku butegetsi muri Mutarama, u Burusiya na Ukraine byongeye gutangira ibiganiro byihariye ku nshuro ya mbere kuva mu 2022, ubwo Ukraine yahagarikaga ibiganiro bya mbere byabereye i Istanbul.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!