Ibiro ntaramakuru Associated Press byasobanuye ko kaminuza zatanze uyu muburo ni iya MIT (Massachusetts Institute of Technology), Harvard, Johns Hopkins, Southern California, Boston, Brown na Cornell.
Ubu butumwa bugenewe by’umwihariko abanyeshuri bagiye gusura imiryango yabo mu bihugu bakomokamo kugira ngo bizihizanye iminsi mikuru isoza n’itangira umwaka.
Izi kaminuza zigaragaza ko zitewe impungenge n’uko mu gihe Trump yaba amaze gusubira ku butegetsi, yazatangira kwirukana abanyamahanga barimo abimukira badafite ibyangombwa n’abanyeshuri bo mu bihugu bitabanye neza na Amerika n’ibiyoborwa Kiyisilamu.
Ubwo Trump yajyaga ku butegetsi muri Mutarama 2017, na bwo yashyizeho ingamba yo gukumira abanyeshuri bo mu bihugu 15 bigaga muri Amerika, abarenga 40.000 bahagarika amasomo kuko bari baragiye gusura imiryango yabo.
Jacky Li ukomoka mu Bushinwa yagize ati “Hari ubwoba ko izi ngamba zikumira zizagukira mu bantu benshi, bitewe n’umwuka mubi uri ku Isi muri iki gihe. Rwose ubwoba burahari.”
Mu mwaka wa 2023-2024, muri Amerika habarurwaga abanyeshuri b’abanyamahanga miliyoni 1,1 biga muri kaminuza zaho. Abagera ku 43.800 ni abo mu bihugu Trump yashyiriyeho iyi ngamba mu 2017, birimo: Iraq, Iran, Sudani, Libya, Somalia na Yemen.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!