00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi wa Amerika muri Afurika y’Epfo yeguye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 February 2025 saa 03:21
Yasuwe :

Dana Brown wari Chargé d’Affaires ndetse akaba yari amaze igihe akora nka Ambasaderi w’umugisire wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Afurika y’Epfo, yeguye.

Iyegura rya Dana Brown ryatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Gashyantare 2025 na Ambasade ya Amerika.

Uyu mugore yari amaze igihe yarasimbuye by’agateganyo Reuben Brigety nawe wari Ambasaderi wa Amerika muri Afurika y’Epfo, ariko akaza kwegura muri Mutarama 2025.

Byari biteganyijwe ko Dana Brown agomba kuguma muri izi nshingano kugeza muri Werurwe, Amerika yohereje Ambasaderi mushya.

Amakuru dukesha News24 avuga ko Dana Brown yeguye kuko ashaka kujya mu kiruhuko cy’izabukuru, akava mu nshingano zijyanye n’ububanyi n’amahanga.

Uyu mudipolomate yeguye mu gihe umubano wa Amerika na Afurika y’Epfo ukomeje kuzamba.

Amerika ishinja Afurika y’Epfo gushaka gufata ku ngufu ubutaka busanzwe ari ubw’abaturage b’abazungu, bagize 7% by’abaturage bose.

Kubera iki cyemezo cy’ubutegetsi bwa Cyril Ramaphosa, Perezida Donald Trump aherutse gutangaza ko yahagaritse inkunga igihugu cye cyageneraga Afurika y’Epfo.

Dana Brown wari Ambasaderi wa Amerika w’umusigire muri Afurika y’Epfo yeguye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .