Byatangaje ko akanama k’umutekano kari buze guhura kugira ngo hemezwe bidasubirwaho ibikubiye muri ubu bwumvikane, nyuma byemezwe na guverinoma.
Abahagarariye Israel, Hamas, Amerika na Qatar mu biganiro by’ubuhuza, bose bamaze gushyira umukono kuri ubu bwumvikane.
Minisitiri Netanyahu yatangaje ko kwemezwa k’ubu bwumvikane kuri Israel byatindijwe na Hamas yashakaga guhindura ibikubiyemo.
Biteganyijwe ko ubu bwumvikane buzashyirwa mu bikorwa mu byiciro bitatu.
Icyiciro cya mbere kizamara ibyumweru bitandatu, aho nta mirwamo igomba kuba.
Abaturage bafashwemo imbohe na Hamas barimo abagore, abakuze n’abarwaye bazarekurwa, ndetse na Israel irekure abanye-Palestine benshi yafunze. Israel ishobora kurekura imfungwa 33.
Muri iki cyiciro, ingabo za Isreal zizava mu bice bituwe muri Gaza, Abanye-Palestine babe basubira aho bari batuye.
Hazabaho kandi kongera cyane ubutabazi bw’ibanze muri Gaza, aho amakamyo menshi ajyanyeyo ubufasha azemererwa kwinjira buri munsi.
Ingingo zizagenderwaho mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu zizaganirwaho ku munsi wa 16 w’aka gahenge.
Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Qatar, Sheikh Mohammed bin Abdulrahman Al-Thani, yavuze ko ingingo zikubiye muri ubu bwumvikane zizatangira kubahirizwa ku Cyumweru.
Umunyamabanga wa Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Antony Blinken, yavuze ko ku ikubitiro ku cyumweru hazarekurwa imfungwa eshatu za Israel.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!