00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amahanga yasabye Israel guha inzira imfashanyo zijya muri Gaza

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 3 March 2025 saa 09:29
Yasuwe :

Ibihugu bitandukanye bikomeje kwamagana ingabo za Israel zatangiriye imfashanyo zijya mu ntara ya Gaza muri Palestine, bizisaba kureka zikagera ku bo yagenewe.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, kuri uyu wa 2 Werurwe 2025 yatangaje ko ingabo zabo zizafunga inzira imfashanyo zinyuramo muri Gaza kugeza igihe Hamas izemerera kubahiriza icyiciro cya kabiri cy’agahenge kuva mu kwezi kwa Ramadhan kugeza ku musozo wa Pesach; iminsi Abayahudi bibukiraho Iyimukamisiri.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga yatangaje ko gufunga inzira izi mfashanyo zinyuramo ari ukurenga ku itegeko mpuzamahanga, kuko izi ngabo ziri kubuza Abanya-Palestine iby’ibanze bakeneye mu buzima.

Yagize iti “Kuba Leta ya Israel yangira Abanya-Palestine kubona iby’ibanze bakeneye birenga ku itegeko mpuzamahanga.”

Iyi Minisiteri kandi yasobanuye ko gufunga inzira y’imfashanyo bisubiza inyuma intambwe yatewe igamije kugera ku mahoro hagati ya Leta ya Israel n’umutwe witwaje intwaro wa Hamas.

Misiri na Qatar byagize uruhare mu kumvikanisha Leta ya Israel na Hamas ndetse na Jordan na byo byamaganye ingabo za Israel, bigaragaza ko zarenze ku itegeko mpuzamahanga.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Budage yatangaje ko igikorwa ingabo za Israel zirimo atari uburyo bwo gushyira Hamas ku gitutu kuko uko byaba bimeze kose, imfashanyo ziba zigomba kugera ku bo zigenerwa.

Iti “Si uburyo bwemewe n’amategeko bwo gushyiranaho igitutu mu gihe cy’ibiganiro. Kugeza muri Gaza ubufasha budakumiwe bigomba gukorwa ibihe byose.”

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe abana, UNICEF, ryagaragaje ko gufunga inzira imfashanyo zinyuramo bizashyira mu kaga ubuzima bw’abana bavukira muri Gaza.

UNICEF yatangaje ko kugira ngo ubuzima bw’abana bari muri Gaza budahungabana, agahenge gakwiye gukomeza, imfashanyo zikabageraho nta mbogamizi.

Ingabo za Israel zasabwe gufungura inzira imfashanyo zinyuramo
Israel yavuze ko izafungura inzira zinyuramo imfashanyo mu gihe Hamas yakwemera ibyo isabwa mu cyiciro cya kabiri cy'agahenge

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .