00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abishwe n’umutingito muri Turikiya na Syria bageze ku 1600; imibare ikomeje kwiyongera

Yanditswe na IGIHE
Kuya 6 Gashyantare 2023 saa 04:13
Yasuwe :

Umutingito mu Burasirazuba bw’Amajyepfo ya Turikiya wishe abantu benshi muri iki gihugu no muri Syria bihana imbibi.

Abagera ku 1014 bivugwa ko ari bo bapfuye muri Turikiya na 582 ku ruhande rwa Syria. Ibikorwa by’ubutabazi birakomeje nk’uko Ibitangazamakuru binyuranye byabigarutseho.

Umutingito wa mbere wari ku kigero cya 7,8 wabaye mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere ubwo abantu bari bagisinziriye. Uwa kabiri wabaye ahagana saa saba n’igice ku isaha yo muri icyo gihugu.

Perezida wa Turikiya, Erdogan yavuze ko uretse abapfuye hari n’abarenga 5300 bakomeretse.

Abayobozi ku rwego rw’Isi bemeye kohereza ubufasha muri Turikiya nyuma y’aho iki gihugu gisabye ko amahanga agitabara.

Abaturage babarirwa muri za miliyoni bo muri Turikiya, Liban, Syria, Chypres na Israel bumvise uyu mutingito.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .