00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abayobozi barenga 150 bitabiriye ishyingurwa rya Papa Francis

Yanditswe na IGIHE
Kuya 26 April 2025 saa 08:02
Yasuwe :

Kuva ku bayobora ubwami, Abakuru b’ibihugu, ba Minisitiri b’Intebe ndetse n’Abakirisitu Gatolika baturutse impande n’impande z’Isi, bahuriye i Vatican mu muhango wo gushyingura Papa Francis.

Abayobozi barenga 150 baturutse mu mpande zose z’Isi barimo Perezida Donald Trump wa Amerika utarajyaga imbizi na Papa Francis ku ngingo zinyuranye, bitabiriye umuhango w’ishyingurwa rye.

Ni umuhango ugiye kuba nyuma y’aho mu minsi itatu, abantu barenga ibihumbi 250 banyuze iruhande rw’umubiri wa Papa bamusezeraho.

Mu bakuru b’ibihugu bitabiriye ishyingurwa rye harimo Abaperezida nk’uwa Argentine, igihugu akomokamo, uw’u Bufaransa, uwa Gabon, uw’u Budage, u Butaliyani, Philippine, Pologne, Ukraine, uwa RDC n’abandi.

Hari kandi Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, uwa Nouvelle-Zélande n’ibindi bihugu.

Mu gihe misa yo gushyingura Papa Yohani Pawulo wa II yamaze amasaha atatu mu 2005, iyo gushyingura Francis yo biteganyijwe ko imara iminota 90.

Papa Francis yakuyeho imwe mu migenzo yakorwaga mu gushyingura Papa Francis, aho harimo ko yashyirwaga mu masanduku atatu ahurijwe muri imwe, we yahisemo ko yashyingurwa mu isanduku y’igiti.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, ni umwe mu bayobozi bitabiriye uyu muhango
Abakirisitu baturutse impande n’impande z’Isi bagiye gushyingura Papa Francis
Isanduku irimo umubiri wa Papa Francis yaraye ifunzwe mbere y’amasaha make ngo ashyingurwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .