00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abongereza basabwe kwitegura uburyo babaho mu bihe by’akaga

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 7 April 2025 saa 08:05
Yasuwe :

Impuguke mu bijyanye n’umutekano yasabye Abongereza gushaka ibikoresho by’ubutabazi bishobora kubagoboka, mu gihe hari amakuru avuga ko u Burusiya bushobora kwangiza imiyoboro ijyana amashanyarazi imbere muri iki gihugu iyivanye hanze yacyo, imigambi u Burusiya bwahakanye.

Mu bihe by’ubukonje biheruka, u Bwongereza bwari bwahuye n’ibibazo byo kugira ingufu nke zifashishwa mu kugabanya ubukonje, bituma u Bwongereza bwitabaza Danemark ngo ibugoboke.

Umwe mu bo mu nzego z’umutekano yabwiye Daily Mail ko u Bwongereza bushobora guhura n’ibibazo by’uko imiyoboro yabwo ibuhuza n’ibindi bihugu ishobora kwangizwa n’amato manini y’Abarusiya.

Iyo mpuguke mu by’umutekano yavuze ko Abongereza bakwiriye gukurikiza amabwiriza y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi avuga ko abantu bagomba gushaka ibikoresho by’ubutabazi, byabafasha nko mu minsi itatu.

Ibyo bikoresho by’ubutabazi bikubiyemo amazi, ibiryo bishobora kubikwa igihe kinini kandi ntibyangirike vuba, imiti, batiri za radio, amatoroshi n’ibindi byangombwa.

Yagize ati “Turabizi neza ko Abarusiya bafite ubushobozi bwo kwangiza imiyoboro itanga amashanyarazi inyura mu nyanja. Niyo mpamvu dukwiriye kugira ibikoresho bihagije kandi vuba mu ngo zacu.”

Abongereza basabwe gushaka ibikoresho byabatabara mu gihe u Burusiya bwakwangiza imiyoboro y’ingufu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .