Bakhmut ni umujyi wo mu Burasirazuba bwa Ukraine, igisirikare cy’u Burusiya kimaze amezi kigerageza kwigarurira.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yavuze ko ingabo z’u Burusiya zatakaje abasirikare barenga 1100 mu minsi mike ishize ndetse abandi benshi bakomeretse cyane.
U Burusiya nabwo bwatangaje ko bwishe abo mu nzego z’umutekano za Ukraine barenga 220 mu masaha 24 ashize.
U Burusiya nibufata umujyi wa Bakhmut, bivuze ikintu kinini mu ntambara kuko bwaba bugeze ku ntego kwigarurira intara yose ya Donetsk, imwe muri enye bwiyometseho muri Nzeri umwaka ushize binyuze muri kamarampaka.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!