Ni amasomo basoreje muri Amerika mu kigo cy’imyitozo Arizona Air National Guard Wing nk’uko Politico yabitangaje.
Umuyobozi w’icyo kigo, Erin Hannigan, yatangaje ko iyo ari intangiriro yo kuba muri Ukraine indege za F-16, zikifashishwa mu ntambara icyo gihugu gihanganyemo n’u Burusiya.
Ibihugu bya mbere byamaze kugaragaza ko bifite ubushake bwo koherereza Ukraine izo ndege, gusa ikibazo cyari uko Ukraine nta bapilote ifite bazobereye kuzitwara. Ibyo bihugu ni Norvège, Denmark, u Bubiligi n’ u Buholandi.
Indege za F-16 zatangiye wifashishwa n’ingabo za Amerika mu myaka ya 1980. Ni indege Ukraine yasabye cyane ivuga ko zizayifasha guhindura imyitwarire yayo mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya, nubwo u Burusiya buherutse kugaragaza ko bufite uburyo bwinshi bwo kuzihanura.
Muri Werurwe uyu mwaka Perezida Vladimir Putin yavuze ko izo ndege niziramuka zoherejwe muri Ukraine, byanze bikunze zizahanurwa.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!