00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abasirikare ba mbere ba Ukraine bagiye kwiga kurashisha ibifaru u Budage bwabahaye

Yanditswe na
Kuya 27 Mutarama 2023 saa 06:45
Yasuwe :

Minisiteri y’Ingabo y’u Budage yatangaje ko abasirikare ba mbere ba Ukraine bamaze kugera i Berlin aho baje kwiga imikoreshereze y’ibifaru igihugu cyabo giherutse kwemererwa.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru nibwo u Budage bwemeye inkunga y’ibifaru 14 byo mu bwoko bwa Leopard 2, bigomba gufasha Ukraine mu ntambara ihanganyemo n’u Burusiya. Byaje biyongera ku bindi bifaru byo mu bwoko bwa Marder u Budage bwari bwaremeye mbere.

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo mu Budage, yatangaje ko abasirikare ba mbere ba Ukraine bageze muri icyo gihugu, kwihugura uko barashisha ibifaru bya Marder.

U Budage bwiyemeje guha Ukraine ibifaru byo muri ubu bwoko bigera kuri 40. Biteganyijwe ko amahugurwa ku mikoreshereze y’ibifaru bya Marder azaba yasojwe muri Werurwe uyu mwaka.

Marder ni ubwoko bw’ibifaru byihuta byifashishwa mu gutwara abasirikare ku rugamba. Bikunze kugenda biri kumwe n’ibindi bifaru binini.

Ibifaru bya Marder bikunze kwifashishwa mu kugeza abasirikare ku rugamba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .